Thursday, January 22, 2026

UNIVERSITY SCHOLARSHIPS KU BANA B’ABAKOBWA BADAFITE UBUSHOBOZI BWO KWIRIHIRA KAMINUZA.

FAWE Rwanda ku bufatanye na “Beautiful World Canada Foundation”, Umuryango w’Abagiraneza wo mu gihugu cya Canada, bazatanga ubufasha mu kwiga (scholarship) ku bana b’abakobwa badafite  amikoro kwishyura  amashuri ku rwego rwa  Kaminuza.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ni muri urwo rwego FAWE Rwanda irimo gushakisha abakobwa/abadamu bakiri bato 60 ubu batari kwiga muri Kaminuza kubera kubura amikoro. Bagomba kuba  barasoje amashuri yisumbuye  mu mwaka w’amashuri wa 2019-2020  cyangwa mu mwaka w’amashuri wa 2020-2021 kandi  bujuje  ibisabwa bikurikira kugira ngo bazahabwe inkunga  yo kwiga muri INES Ruhengeri, muri gahunda y’imyaka itatu mu by’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (STEM course) mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023.

 

 

 

 

 

 

Amashami inkunga yagenewe ni “Computer Sciences” na   “Land Administration & Management”.

Ibisabwa ni ibi bikurikira:

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Fotokopi y’Indangamuntu

 

Fotokopi y’indangamanota yo mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye (National/REB Examination results slip)

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Kuba waragize amanota atari munsi ya 40 kuri 73 mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye kandi  ufite nibura amasomo 2 y’ingenzi watsinze neza (2 principal  passes )

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Inyandiko  y’Umuyobozi w’Ikigo wigagamo (recommendation letter)  isobanura impamvu  umuryango wawe ufite ubushobozi buke bwo kwishyura amafaranga y’ishuri

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Icyemezo cy’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge gisinye kandi kiriho kashe, kigaragaza icyiciro cy’Ubudehe umuryango wawe ubarizwamo

 

 

 

 

 

 

 

Inyandiko isaba inkunga yujujwe neza  (application form) usanga ku rubuga rwa FAWE Rwanda : www.fawerwa.org.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Icyitonderwa: Izi nyandiko zose zikubirwa mu idosiye imwe (zipped folder) yitwa: UNIVERSITY SCHOLARSHIP APPLICATION FOR……… (shyiramo amazina yawe ahari utudomo) kandi yoherezwa inshuro imwe gusa.

 

 

 

 

 

 

 

Itariki ntarengwa yo kuyohereza inyandiko isaba inkunga   ni 22 Ukwakira 2022 saa kumi n’imwe z’umugoroba.

 

 

 

 

 

 

 

Abifuza gusaba inkunga baragirwa inama yo kubanza gushaka amakuru ahagije kuri ariya mashami yombi yigishwa muri INES Ruhengeri kugira bashobore guhitamo neza ibyo bifuza kwiga.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Bikorewe i Kigali kuwa 3 Ukwakira 2022

Antonia Mutoro

Umuhuzabikorwa wa FAWE Rwanda

Loading

Related Articles

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

[td_block_social_counter facebook="tagdiv" twitter="tagdivofficial" youtube="tagdiv" style="style8 td-social-boxed td-social-font-icons" tdc_css="eyJhbGwiOnsibWFyZ2luLWJvdHRvbSI6IjM4IiwiZGlzcGxheSI6IiJ9LCJwb3J0cmFpdCI6eyJtYXJnaW4tYm90dG9tIjoiMzAiLCJkaXNwbGF5IjoiIn0sInBvcnRyYWl0X21heF93aWR0aCI6MTAxOCwicG9ydHJhaXRfbWluX3dpZHRoIjo3Njh9" custom_title="Stay Connected" block_template_id="td_block_template_8" f_header_font_family="712" f_header_font_transform="uppercase" f_header_font_weight="500" f_header_font_size="17" border_color="#dd3333"]
- Advertisement -spot_img

Latest Articles