Thursday, January 22, 2026

Amashirakinyoma kuri Ryangombe uvugwa mu mateka y’u Rwanda

 

*Amashirakinyoma kuri Ryangombe uvugwa mu mateka y’u Rwanda* .

Benshi mu bacukumbuzi b’amateka y’u Rwanda cyane cyane mu bijyanye n’imyemerere, bakunda gutwerera Abanyarwanda ko biyambazaga Ryangombe, bakaba banemeza ko ari yo Mana basengaga, nyamara bya he birakajya!

 

Ryangombe ni umuntu wabayeho mu muryango nyarwanda, yubaka ubuhangange butuma atazima mu mateka y’u Rwanda, ariko nta bwo yafatwaga nk’Imana cyangwa se ngo bamusenge, ahubwo baramuterekeraga nk’umuhango wakorwaga mu Rwanda rwo ha mbere wo kwibuka no kuzirikana intwari zabayemo zitakiriho.

 

Uwo tugiye gutatura amateka ye, ni Ryangombe rya Babinga mwene Nyundo, wamamaye cyane mu bice by’Amajyaruguru y’u Rwanda.

 

Abantu benshi ntibasobanukiwe na Ryangombe uwo ari we. Bitewe n’imyigishirize ifutamye bamuhaweho, benshi bazi ko Ryangombe atari umuntu nk’abandi, ari igishitani. Ryangombe ni umuntu wabayeho mu Rwanda nk’abandi bose twaba tuzi.

 

Igisekuru cya Ryangombe: Se yitwaga Babinga umwana wa Nyundo, nyina akitwa Nyiraryangombe, umugore we akitwa Nyirakajumba, akomoka mu bwoko bw’Abanyoro, mu muryango witwa “Abakonjo”, bakunze gukoresha ururirmi rwitwa:” IGIKONJO”.

 

Gakondo ye iba mu Burengerazuba bwa Uganda mu Karere ka Kitara cya Muliro ni ukuvuga mu nkengero z’ikiyaga cya Albert. Kuri ubu ni mu Turere twa: Masindi, Hoima, Kibale na Buliisa mu Ntara y’ Iburengerazuba bw’Amajyaruguru y’igihugu cya Uganda.

 

Ryangombe yavutse ari ikinege. Abahungu bamukomokaho ni Binego, Ruhanga, Nyabirungu, Mashira na Kagoro. Bene se wa bo bazwi ni Nyabirungu wari umuhigi na Mpumutumucuni, ari na we bakundaga kubuguza. Igisingizo cye ni: Ryangombe, bibero birinda ibiramba, Nyamunyaga iziburiwe, izitaburiwe akazazinyaga inkingi n’imyugariro yitwa Nkingiyinka, mu nkingi y’abagabo yitwa Nkungiyabagabo.

 

Ryagombe yari umupfumu w’ikirangirire mu gihugu cye, yinjira mu Rwanda yazanye n’abagaragu be bitwaga: “Abacwezi” nk’izina mwihariko ry’ubuhangange bw’Abanyoro bagengaga ibihugu byari bigize agace Ryangombe yavukiyemo ari byo: Bunyoro, Toro, Bukiri, Bukede, Busoga, Buganda na Nkore. Icyo gihe yazanye n’abantu 15.

 

Abantu bazanye na we uko ari 15, harimo abana be, inshuti ze n’abagaragu be bari bagize umuryango munini ari na wo waje kwitwa Imandwa nkuru. Muri ayo mazina y’abo bazanye, twavuga: Kagoro, Nyabirungu na Ruhanga. Imandwa yitwaga Ntare ni yo yazunguye Ryangombe amaze gupfa.

 

 

Sec:igohe

Loading

Related Articles

[td_block_social_counter facebook="tagdiv" twitter="tagdivofficial" youtube="tagdiv" style="style8 td-social-boxed td-social-font-icons" tdc_css="eyJhbGwiOnsibWFyZ2luLWJvdHRvbSI6IjM4IiwiZGlzcGxheSI6IiJ9LCJwb3J0cmFpdCI6eyJtYXJnaW4tYm90dG9tIjoiMzAiLCJkaXNwbGF5IjoiIn0sInBvcnRyYWl0X21heF93aWR0aCI6MTAxOCwicG9ydHJhaXRfbWluX3dpZHRoIjo3Njh9" custom_title="Stay Connected" block_template_id="td_block_template_8" f_header_font_family="712" f_header_font_transform="uppercase" f_header_font_weight="500" f_header_font_size="17" border_color="#dd3333"]
- Advertisement -spot_img

Latest Articles